Umunyarwanda ukina mu kibuga hagati, Hakima Sahabo, yageze mu Bugereki aho agiye gushyira umukono ku masezerano y’ikipe nshya ya AEK Athens F.C. yamutanzeho miliyoni 1,5 y’Amayero [miliyari 2,6 Frw].
Mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 31 Mutarama 2026, ni bwo uyu mukinnyi wakiniraga Standard de Liège yavuye mu Bubiligi yerekeza mu Mujyi wa Athens.
Uyu mukinnyi ukiri muto yatangiye kunugwanugwa n’amakipe atandukanye amwifuza, harimo na Rangers F.C. yo muri Scotland na Atalanta na Bologna zo mu Butaliyani, dore ko yari mu mpera z’amasezerano ye muri Standard de Liège.
Ikipe yashoboye kuzuza ibisabwa n’iyi kipe yo mu Bubiligi, ni AEK Athens F.C. ikeneye kumwifashisha mu kibuga hagati, gusa yajya kumugurisha igahaho Standard de Liège 20%.
Sahabo watanzweho arenga miliyari 2,6 Frw, agiye gushyira umukono ku masezerano y’ikipe iri mu zikomeye mu Bugereki. Kugeza ubu iri ku mwanya wa mbere n’amanota 44 ku rutonde rwa shampiyona igeze ku munsi wa 18.
Uyu mukinnyi umaze guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda inshuro icyenda, yakinnye muri Standard de Liège imikino 34, gusa ntabwo yagaragaje urwego rwo hejuru cyane ku buryo abona umwanya uhoraho wo gukina.
Sahabo w’imyaka 20 ntaherutse kwifashishwa n’abatoza b’Amavubi, ahanini bitewe no kutumvikana kw’impande zombi